Reparations

Abagororwa 182 bagiye gufungurwa by’agateganyo

ABAGORORWA

 

Imfungwa n’abagororwa/Photo RCS

Inama y’abaminisitiri yateranye ku munsi w’ejo   itariki 24 gashyantare yemeje urutonde  rw’abagororwa bivugwa ko bujuje ibisabwa n’amategeko kugirango bafungurwe by’agateganyo.  Ibyiciro by’abazafungurwa  n’ibyagendeweho mu ijonjora ry’abemerewe gufungurwa  ndetse n’itariki bazafungurirwa ntibiramenyekana.

Bwana NABAHIRE Anastase, Komiseri ushinzwe Ubutegetsi, Imari n’Abakozi mu rwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) avuga ko abakatiwe ku cyaha cya jenoside baba batarebwa n’iki cyemezo.

NABAHIRE yagize  ati’’  Byaba bitangaje kuri uru rutonde habaye hariho abakatiwe ku cyaha cya jenoside yakorewe abatutsi.’’  NABAHIRE avuga ko ubusanzwe  abahamwe na Jenoside batari mu bahabwa amahirwe  yo gusabirwa  gufungurwa by’agateganyo.

Nubwo hemerewe gusa abagera ku 182,   Ikigo cy’igihugu gishinzwe imfungwa n’abagororwa ngo cyaba cyarasabiye gufungurwa by’agateganyo abagororwa  barenga ku gihumbi (1000).  

Itegeko rigena imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha riteganya ifungurwa ry’agateganyo ku wakatiwe  igifungo igihe cyose abasha kugaragaza ibimenyetso bihagije by’ubwitonzi cyangwa akaba afite indwara ikomeye idakira.

Muri gicurasi umwaka wa 2012, Jenerali Rwarakabije Paul  uyoboye RCS yatangarije BBC  ko  abagororwa bafite kuva ku imyaka 70 kuzamura,   harimo n’abakoze jenoside bagiye gufungurwa. Icyi   kifuzo cyamaganiwe kure n’imiryango iharanira inyungu z’abarokotse jenoside  yakorewe  abatutsi kiza no guhinduka

U Rwanda rufite gereza 13  zicumbikiye imfungwa n’abagororwa bagera ku 58, 000 bagizwe ahanini n’ababakoze jenoside yakorewe abatutsi.  End

Inkuru yanditswe na Al. G

1 reply »

Leave a Reply

Fill in your details below or click an icon to log in:

WordPress.com Logo

You are commenting using your WordPress.com account. Log Out /  Change )

Facebook photo

You are commenting using your Facebook account. Log Out /  Change )

Connecting to %s